Ku wa gatanu, Mata 08, 2016 isaha yo mu karere 06:44
irembo ry ibiganiro
Multimedia
 YouTube
 VOA60
 PhotoGallery

    Amakuru

    John Kerry Yihanganishije Ababiligi

    Ministiri w’Ububanyi n’amahanga wa USA John Kerry abonana na Ministiri w’Intebe w’Ububiligi Charles Michel
    x
    Ministiri w’Ububanyi n’amahanga wa USA John Kerry abonana na Ministiri w’Intebe w’Ububiligi Charles Michel

    Ministiri w’Ububanyi n’amahanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika John Kerry kuri uyu wa gatanu yabonanye na Ministiri w’Intebe w’Ububiligi Charles Michel amugezaho ubutumwa bw’akababaro nyuma y’ibitero by’iterabwoba byagabwe I Buruseli.

    Kerry yijeje Ububiligi inkunga mu bijyanye n' iperereza no gufasha kuburizamo ibikorwa by’iterabwoba mu bihe biri imbere.

    Kerry kandi, yifatanyije nabatuye umurwa mukuru w’Ububiligi avuga “We are Brussels” bishatse kuvuga ko “Turi Abanyaburuseli”, imvugo ikoreshwa kwifatanya no gufata mu mugongo abatuye Buruseli.

    Mu kiganiro yahaye abanyamakuru, Kerry yikomye abagize uruhare mu bitero byo kuwa kabili, avuga ko isi itazigera icika integer mu rugamba irimo rwo kurwanya no gutsinda imitwe y’intagondwa ikora iterabwoba.

    Ibitero by’Iburuseli byahitanye abantu 31. Muri bo harimo Abanyamerika babiri nkuko tubikesha ubuyobozi.

    Vuga icyo utekereza kuri uru rubuga
    Ibitekerezo
         
    nta gitekerezo kiratangwa kuri uru rubuga. Ba uwa mbere kugira icyo utangaza kuri uru rubuga